Umwana wiga Mu Ishuri rya Kigali Parents yagaragayeho Impano itangaje

Sangiza abandi

Umunyeshuri wiga Kigali Parents  Ineza Tiana Merveille Umwana w’Imyaka  7 ufite Impano yo Gusubiza abanyamakuru adategwa.

Ubwo yagaragaye kuri  PACIS  TV  Umuyoboro usakaza amajwi n’Amashusho ikaba ari Televiziyo ya Kiriziya Gatolika  .Uyu mwana w’Umukobwa w’Imyaka 7 akaba ari uwo mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Kimironko ahitwa I Kibagabaga  akaba yiga mumwaka wa mbere  ku ishuri ryitwa Kigali Parents

Mu kiganiro cyitwa BIMEZE BITE ? gitambuka kuri Pacis TV Buri wambere samoya n’Igice  yatunguye abari bakurikiye Tv Kuri Televiziyo no kumbuga nkoranyambaga ubwo yasubizaga ibibazo by’Umunyamakuru NIBISHAKA Jean Baptiste uzwi ku izina rya Yohani Umubatiza usanzwe afite Ubunararibonye mugutegura no kuyobora Ibiganiro by’Abana afatanije n’Umukobwa witwa NIYIGENA Dorcas

Bimwe mubyatunguye abakurikiye Uyu mwana mu kiganiro ni ukuntu yasubizaga Ibibazo byose abajijwe adategwa cyangwa ngo bimufate umwanya wo gutekereza cyane , Uburyo azi Amasengesho n’Indirimbo bikoreshwa mu guhimbaza Imana  no kubasha gutegura isengesho rye bwite muburyo butunguranye

Uyumwana Imyifatire ye ashimangira cyane ko abana bagomba kwifata neza muburyo bugaragaza ikinyabufpura bubaha abanda bana bangana ,abarezi babo ndetse n’Ababyeyi

Mugihe bamwe usanga kuvuga mu nshamake Icyerekezo cyabo cy’Ejo hazaza Uyumwana abajijwe iki kibazo uwo azaba we mugihe kizaza yavuze ko Intumbero ye ari ukuba Umuganga  muguteganya kuzajya avura abantu cyane cyane igihe hari umuntu wo mumuryango we akazajya abagoboka .

Bamwe mu babyeyi bakunda kubangamira no gupfukirana Impano abana babo bafite ndetse hari n’abadatinya guhana abana babo babaziza  Impano zabo bagaragaza  bamwe bakabyita Ibirangaza cyangwa ibishobora kubatesha Umurongo  mugihe ababyeyi babisobanukiwe bakurikiranira abana babo hafi  mu gufasha abana kugaragaza Impano zabo .

Leta ifatanije n’Abafatanya bikorwa bayo umunsi kuwundi ntihwema gushyiraho uburyo butandukanye mukwita no kwimakaza Uburyo bwo kubunga bunga no guteza imbere Impano z’Abana.

Ineza Tiana Merveille Umwana w’Imyaka  7 ufite Impano yo Gusubiza abanyamakuru adategwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *