Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yitabiriye Umuhango w’Itangwa ry’Impamyabushobozi ku banyeshuri 173 mu Ishuri rikuru ry’Ubuzima rya Ruli Aryizeza Ubufatanye.

Sangiza abandi

Kuri Uyu wa Gatanu Tariki ya 12 Gicurasi mu Ishuri rikuru ry’Ubuzima  rya Ruli Riherereye mu karere ka Gakenke . Ni umuhango witabiriwe na Dr Sabin Nsanzimana Ministiri w’Ubuzima aho yari kumwe na Nyiricyubahiro Antoni Cardinal Kambanda  akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga w’Irishuri n’Abandi bayobozi mu nzego zinyuranye.

Ishuri rikuru ry’Ubuzima rya Ruri ni Ishuri ririmo kwizihiza Imyaka 10 rimaze ritangiye  gukora  kuko ryatangiye mu mwaka w’2013 kuri iyi nshuro ya Gatandatu Abanyeshuri 173 nibo bahawe Impamyabushobozi , Muri aba 149 barangije mu Ishami ry’Ubuforomo naho 24 ni Abarangije mu Ishami ry’Ababyaza bose bakaba barangije Icyiciro cyambere cya Kaminuza .

Mu ijambo rye NTIRENGANYA Jean Claude Umunyeshuri Uhagagarariye abahawe Impamyabushobozi yashimiye ababyeyi bababaye hafi mu kubafasha kurangiza Amasomo yabo  ,yaboneyeho gushimira Ishuri n’Igihugu cyabahaye amahirwe yo kwiga bityo abizeza ko bagiye gutanga Umusanzu wabo mu kwita kubazaza babagana. Yanavuze kandi ku ruhurirane rw’Uyu munsi wo guhamwa Impamya bushobozi n’Umunsi mpuzamahanga w’Abaforomo n’Ababyaza ufite Insanganyamatsiko

Igira iti ’’ Abaforomo bacu ahazaza’’  

NTIRENGANYA Jean Claude Umunyeshuri wavuze ijambo mu izina ry’abahawe Impamyabushobozi

Mu Ijambo rye Uhagarariye Inama y’Igihugu Ishinzwe Amashuri makuru (HEC) muri Uyu muhango Bwana …. Yashimiye Ubuyobozi bukuru bw’Ishuri rikuru ry’Ubuvuzi bwaruli Abanyeshuri n’Abakozi maze aboneraho kwibutsa Abanyeshuri barangije kwiga muri irishuri ko baje gufasha Leta kumenya Igikwiriye gukorwa kugira ngo Ubuzima bw’Abaturage burusheho kuba bwiza. Yashimiye kandi uruhare runini Kiriziya ifite mu bikorwa binyuranye birimo Uburezi n’Ubuzima .

Mu ijambo ry’Umunyeshuri Ugarariye Abarangije mu Ishuri rikuru ry’Ubuzima

Yagarutse nanone k’Ubufatanye bwiza hagati ya Minisiteri y’Uburezi na Minisiteri y’Ubuzima  maze ashimira ubudasa ishuri ryagaragaje mu bihe bikomeye bya Covid19 bifashishijwe ikoranabuhanga rizwi mu nyito’’Iyakure’’Ibi bikaba byarabaye mu mashuri make mu gihugu  kuko mu gihe hari hashize Umwaka amashuri afunze ryo ryafunguye ku ikubitiro.

Yashimye kandi Intera Ishuri riteye mu Gutangiza Icyiciro cya kabiri mu Ishami ry’Ububyaza n’Ubuforomo rusange aho yagaragaje ko iki cyiciro kiboneka hake , Mu gusoza yasabye ko Ishuri ryakomeza imbaraga n’ubushobozi rifite rikamenyekana ku rwego rwo mu karere no ku rwego mpuzamahanga ari nako rifungura ibyiciro byisumbuyeho.

Dr NDIKUBWIMANA Theoneste Uhagarariye HEC

Muri uyu muhango Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke akaba yari intumwa ya Guverneri w’Intara y’Amajyaruguru , yatangiye ashimira Kiriziya Gatolika nk’Umufatanyabikorwa wa Leta, anibutsa ko Iri shuri ryashyizweho Ibuye ry’Ifatizo na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame , yaboneyeho kubwira Ubuyobozi bw’Ishuri ko Leta irifiteho gahunda nziza kandi nyinshi bityo zimwe mu mbogamizi rifite harimo n’umuhanda Nzove-Gakenke  washyizwe mu nyigo anabizeza ko inyigo yawo ku bufatanye bw’Akarere na Minisiteri y’Ibikorwa remezo  Umwaka utaha Ibikorwa byo gukora uyu muhanda bizatangira.

Yagaragaje kandi Uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y’Abaturage aho abanyeshuri bajya mu baturage mu kubafasha kwita k’ubuzima bwabo babavura indwara zinyuranye , Uretse nibyo benshi mu baturage babona n’Amafranga kuko ryabahaye akazi . Asoza yishimiye ko Icyiciro cya A0 cyatangiye gukora ndetse ko n’ibindi byiciro biri munzira zo gufungurwa .

NZEYIMANA JMV Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke

Muri uyu muhango wo guha Impamyabushobozi Abanyeshuri basoje Amasomo yabo Nyiricyubahiro Antoni Cardinal Kambanda yashimiye Abarangije  Amasomo yabo uko ari 173.

Yatangiye abashimira ko baranzwe no gutsinda amasomo yabo neza kandi anabashimira imyitwarire myiza bagiye bagaragaza aho bagiye banyura hose bimenyereza Umwuga .

Yanishimye ko basoje Amasomo yabo mu gihe Kiriziya Gatolika Irimo gusoza Umwaka wagenewe Uburezi wari Ufite Insanganyamatsiko ivuga umwansa ushoboye kandi ushobotse .

Abihuje n’Amagambo  Papa Francis yagarutseho Ubwo gavugaga  kumunsi w’Abarwayi tariki 11 Gashyantare aho yavuze mu mvugo yagiraga iti Mu mwiteho  Luka 10:35 , Ibi abihereyeho yabise Abasamaritani beza .

Yasabye Abarangije Amasomo yabo kwita ku buzima bw’Abaturage bafite ibibazo bijyanye n’imirire mibi n’igwingira nk’uko byavuzwe n’Umuyobozi w’Akarere .

Yagaragaje kandi kuba igihugu kigifite ikibazo cy’umubare muke w’Abaforomo n’Ababyaza avuga ko biri mu mpamvu zihutirwa Kiriziya gatolika Ibinyujije muri Arikidiyosezi ya Kigali yashinze Irishuri Ibi bikaba biri muri gahunda yo gufasha Leta mukuzamura Umubare w’Abaforomo n’Ababyaza  gukuba kane mu gihe cy’Imyaka 4 iri  imbere.

Yashimiye kandi Hec Kuba yarafashije cyane Irishuri kuba haratanzwe Uburezi bufite Ireme hafungurwa Amashami n’Ibyiciro byisumbuye anabonerago kuvuga ko hari icitekerezo cyo gushyiraho Ishami ry’Ishuri hafi mu mujyi wa Kigali Aho yanaboneyeho gusaba ubuvugizi minisiteri y’Ubuzima kubifasha Arikidiyosezi ya Kigaki kuko Ibisabwa byose nk’amashuri n’Ibindi biteguye .

Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda Umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali

Ministiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana  akaba yari  n’Umushyitsi mukuru muri Uyu muhango Mu Ijambo rye yahurije ubutumwa bwo gutanga Impamyabushobozi kubaforomo n’Ababyaza basoje Amasomo yabo  mu ishuri rikuru ry’Ubuzima rya Ruli ndetse n’Umunsi  mpuzamahanga Isi yizihizaho Umunsi w’Abaforomo  maze atanga Ubutumwa bunyuranye burimo kwibutsa Abaforomo n’Ababyaza Inshingano zishingiye ku mu hamagaro bafite Ukomeye .

Yanagarutse kandi ku bibazo bitoroshye bahura nabyo akenshi bishingiye ku kazi kenshi bafite ,Amasaha menshi bakora  ndetse n’Umushahara bivugwa ko ari muke .

Yabijeje ko ibi bibazo byose Minisiteri y’Ubuzima ibizi bityo hakaba harimo gukorwa Ubuvugizi mu nzego zose bireba muri Leta kugira ngo bibonerwe Ibisubizo

Yashimiye Kiriziya Gatolika Ubufatanye bwiza mu bikorwa by’Ubuzima n’Uburezi Ikomeje gukora  , Kubijyanye n’Ishuri rikuru ry’Ubuzima rya Ruli yabijeje ko Ibibazo bamugejejeho hagiye kwigwa Uko byabonerwa Ibisubizo

Mu gusoza Uruzinduko rwe Minisitiri w’Ubuzima yasuye Ibitaro bya Ruli asura Aganira n’Abakozi b’Ibitaro ndetse asura n’Abarwayi  mu rwego rwo kwifatanya n’Abaforomo mu kwizihiza Umunsi wabo.

Dr Sabin Nsanzimana Minisitiri w’Ubuzima

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *