Kububufatanye no gushyirahamwe by’abakristu bo muri Diyoseze ya cyangugu bakomeje gukora ibikorwa byiza by’Indashyikirwa aho kuri iki cyumweru tariki ya 22 Kanama 2021 hatashywe kumugaragaro kiriziya ( Chapelle) yubatswe kubufatanye bw’abakristu ikaba yatashywe kumugaragaro mu gitambo cya Misa yatuwe na Nyiricyubahiro Mgr Eduard SINAYOBYE Umushumba wa Diyoseze ya Cyangugu.
Kiriziya nshya yatashywe yubatswe n’Abakristu nyuma yo kuba batarishimiraga aho basengeraga haje kuba hato kuko hahuriraga abakirisitu batuye mumujyi wa Kamembe muri Paruwasi Cathedrale ya Cyangugu abo ni abaturuka muri Centrale ebyiri arizo Burunga na Gihundwe.
Ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru wa Africana Post Bwana NIYIBIDUHA Jean Bosco Perezida wa Centrale ya Gihundwe Iyikiriziya yatashywe iherereye mo yatangaje ko iki gikorwa cyo kubaka iyi kiriziya Cyatekerejwe n’Abakristu bifuzaga gusengera ahantu heza kandi hajyanye n’umujyi mwiza wa Rusizi ubereye ijisho kubera kuba ahantu heza hakikijwe n’ikiyaga cya Kivu ndetse no kumupaka uhuza Urwanda n’Abaturanyi bo mugihugu cya Repubulika ya Congo .yakomeje avuga ko iki Ikigitekerezo cyakiriwe neza kandi gishyigikirwa n’uwari Umushumba wa Diyoseze ya Cyangugu Nyakwigendera Mgr Jean Damascene BIMENYIMANA watangije igikorwa cy’Inyubako tariki ya 5 Ukwakira 2015.
Ni iki iyi Chapelle izafasha Paroisse ya Cathedral ya Cyangugu ?

Africana Post yaganiriye na Padiri mukuru wa Cathedal ya Cyangugu Ignace Kabera mubyo yasubije kuri iki kibazo yavuze ko iyi kiriziya ije ari igisubizo cyiza uretse muri Cathedarl ahubwo ari n’Intangarugero muri Diyosezi kuko abakirisitu bagaragaje urukundo bakunda Kiriziya ubwo bitangaga uko bashoboye kugeza biyujurije kiriziya nziza cyane . Mu ijambo rye ubwo yagejeje kubitabiriye uyu muhango yavuze ko abakristu ba Cathedral ya cyangugu bagiye akenshi barangwa no kumvira Kiriziya yamaze Imyaka 6 aho abakiristu bakoze ibishoboka byose gusa urugendo rwgiye ruba rurerure kubera uburyo butandukanye bwasabaga ubushobozi zimwe mu mbogamizi zabayeho harimo n’Icyorezo cya Covid 19 bwatumye inyubako itinda ariko abagira neza baraje baduha amaboko nka Mission Autriche n’abandi ariko Inama zabaga buri wagatatu w’Icyumweru zari zigamije gushishikariza abakristu kugira umushinga Uwabo .yasoje avuga ko uyu mushinga warushijeho guhuza abakrisitu bahereye kubitekerezo byabaga ari byinshi byabagamo impaka zubaka zavagamo imyanzuro myiza yo gukomeza umugambi wo kubaka .Yasoje ashimira abantu bose bagize uruhare mugufasha no gutera inkunga ibikorwa by’Ubwubatsi.kuburyo bw’Umwihariko yashimiye abashumba batatu bagize uruhare mukwita kubikorwa harimo Mgr Hakizimana Celestin wabaye umuyobozi w’Umusigire muri Diyosese ya Cyangugu na Mgr Edouard Sinayobye wahaye Umugisha iyi kiriziya.

Mme Josephine Uwibambe Umusangiza w’Amagmbo akaba ari vice Presidente w’Inama nkuru ya Paruwase

Munyaneza Eugene President wa Komisiyo y’Ubwubatsi

KANKINDI Leoncie Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Rusizi
Wari Uhagarariye Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi muri uyu muhango yatangiye ashimira urugero rwiza abakristu gatolika ba Gihundwe batanze bagaragaza uruhare rwabo mu gukorera hamwe .yakomeje yibutsa abakiristu ko batakwirara ko Icyorezo cya Covid kigihari kandi uruhare rwa buri wese rukenewe kugira ngo tugihashye bityo urugendo rwo kwitagatifuza rubashe kworohera Abakirisitu. Yijeje ubuyobozi bwa Kiriziya ko Ubufatanye munzego zitandukanye Buhari kandi buzakomeza mu ijamborye rigufi ariko ryari ribumbatiye ubutumwa bunyuranye yashimiye buri wese witanga agamije iterambere ari urugero rwiza .
Ni iki Musenyeri Edouard Sinayobye yasabye Abakirisitu ?

Mu ijambo rye yagarutse cyane kuri iyi ngoro yatashywe avuga ko iki ari igikorwa gikomeye Cyabaye umuhango ukomeye wanditswe mugitabo cy’amateka ya Pariose Cathedral yabigereranije n’igikorwa gikomeye cyo kubaka umutima Imana ituramo ,yavuze kandi ko Ingoro y’Imana Atari inyubako isanzwe kuko yubakwa n’Umutima ibi ninabyo yahereyeho ashimira abakiristu bagize uruhare mugikorwa cyo kubaka ingoro isa neza maze abasobanurira ko bahawe umugisha ,imbaraga n’ Ubwuzure bw’Inema zibafasha gukomera mubikorwa bya gitwari yakomeje .
Kugira ngo ibikorwa by’Iyi kiriziya bigende neza abakirisitu bifuje ko abapadiri baza bakabegera kandi ko bitagoye .Musenyeri Yahumurije abakirisitu abizeza ko ibi zakorwa maze asabira umugisha abafite Ibikorwa ko Nyagasani abaha umugisha bagacuruza bakunguka ,yasoje Ashimira Abihaye Imana bo muyandi madini bakomeje kugaragaza ubufatanye bugaragazwa no kuba bitabiriye uyu muhango. Bimwe mubyo atibagiwe ni ukwibutsa abakirisitu kwirinda Icyorezo cya Covid 19 .






