Uyu munsi, mu turere tw’igihugu twose usibye mu Mujyi wa Kigali, haratorwa abayobozi b’uturere bagomba gutangira manda yabo y’imyaka itanu.
Abatora bose bageze aho amatora agomba kubera mu gitondo kare ahagana saa mbili n’iminota mike. Habanje ukurahira kw’abagize Inama Njyanama batowe.
Aya amatora arakorwa mu buryo buziguye (mu buryo bw’ibanga). Abatorwa ni abahagarariye abaturage bagiye bazamuka kuva hasi kugera ku karere.
Amatora narangira, ntabwo abatowe bahita barahira kuko uwo muhango uzaba ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo 2021.
URUTONDE RW’ABAYOBOZI B’UTURERE BATOWE
Intara y’Amajyaruguru
Gicumbi: Nzabonimpa Emmanuel
Burera: Uwanyirigira Marie Chantal
Rulindo: Mukanyirigira Judith
Musanze: Ramuli Janvier
Gakenke: Nizeyimana JMV
Intara y’Iburasirazuba
Bugesera: Mutabazi Richard
Gatsibo: Gasana Richard
Kayonza: Nyemazi John Bosco
Kirehe: Bruno Rangira
Ngoma: Niyonagira Nathalie
Nyagatare: Gasana Steven
Rwamagana: Mbonyumuvunyi Radjab
Intara y’Amajyepfo
Gisagara: Rutaburingoga Jérôme
Huye: Sebutege Ange
Kamonyi: Dr Sylvere Nahayo
Muhanga: Kayitare Jacqueline
Nyamagabe: Niyomwungeri Hildebrand
Nyanza: Ntazinda Erasme
Nyaruguru: Murwanashyaka Emmanuel
Ruhango: Habarurema Valens
Intara y’Iburengerazuba
Karongi: Mukarutesi Vestine
Ngororero: Nkusi Christophe
Nyabihu: Mukandayisenga Antoinette
Nyamasheke: Mukamasabo Appolonie
Rubavu: Kambogo Ildephonse
Rusizi: Dr Kibiriga Anicet
Rutsiro: Murekatete Triphose
16:15: Rangira Bruno yatorewe kuba Meya w’Akarere ka Kirehe. Yari asanzwe ari Umujyanama w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

15:30: Akarere ka Gakenke nako kamaze kubona abayobozi:
Meya: Nizeyimana JMV
Visi Meya ushinzwe ubukungu: Niyonsenga Aime François
Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza: Uwamahoro Marie Thérèse
15:10: Akarere ka Rwamagana kongeye kuyoborwa na Mbonyumuvunyi.
Komite yako igizwe na:
Meya: Mbonyumuvunyi Radjab
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukung: Nyirabihogo Jeanne d’Arc
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage: Mutoni Jeanne

15:00: Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyamasheke nayo yamaze gutorwa. Igizwe na:
Meya : Mukamasabo Appolonie
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu: Muhayeyezu Joseph Desire
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Abaturage: Mukankusi Athanasie
14:45: Dr Kibiriga Anicet niwe utorewe kuyobora Akarere ka Rusizi. Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga mu Bukungu, Icungamutungo n’Uburezi ndetse n’Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu Bukungu, yakuye mu Bushinwa.

14:40: I Karongi, Komite Nyobozi yari isanzweho ni yo yongeye gutorwa. Igizwe na:
Meya ni Mukarutesi Vestine; Visi Meya ushinzwe ubukungu n’iterambere Niragire Theophile na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukase Valentine.

14:21: Akarere ka Ngororero nako kamaze kubona abayobozi:
Meya: Nkusi Christophe
Visi Meya ushinzwe Ubukungu: Uwihoreye Patrick
Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza: Mukunduhirwe Benjamine

Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Bugesera ni Mutabazi Richard watorewe kuba Meya, Umwali Angelique wabaye Umuyobozi Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Iterambere ndetse na Imanishimwe Yvette watorewe kuba Umuyobozi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage.
Aba bose uko ari batatu bagize Komite Nyobozi ya Bugesera bari basanzwe muri iyi myanya.
14:00: Kambogo Ildephonse ni we watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu