Ba Meya batangiye kumenyekana: Uko amatora ari kugenda

Sangiza abandi

Uyu munsi, mu turere tw’igihugu twose usibye mu Mujyi wa Kigali, haratorwa abayobozi b’uturere bagomba gutangira manda yabo y’imyaka itanu.

Abatora bose bageze aho amatora agomba kubera mu gitondo kare ahagana saa mbili n’iminota mike. Habanje ukurahira kw’abagize Inama Njyanama batowe.

Aya amatora arakorwa mu buryo buziguye (mu buryo bw’ibanga). Abatorwa ni abahagarariye abaturage bagiye bazamuka kuva hasi kugera ku karere.

Amatora narangira, ntabwo abatowe bahita barahira kuko uwo muhango uzaba ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo 2021.

URUTONDE RW’ABAYOBOZI B’UTURERE BATOWE

Intara y’Amajyaruguru

- Gicumbi: Nzabonimpa Emmanuel
- Burera: Uwanyirigira Marie Chantal
- Rulindo: Mukanyirigira Judith
- Musanze: Ramuli Janvier
- Gakenke: Nizeyimana JMV

Intara y’Iburasirazuba

- Bugesera: Mutabazi Richard
- Gatsibo: Gasana Richard
- Kayonza: Nyemazi John Bosco
- Kirehe: Bruno Rangira
- Ngoma: Niyonagira Nathalie
- Nyagatare: Gasana Steven
- Rwamagana: Mbonyumuvunyi Radjab

Intara y’Amajyepfo

- Gisagara: Rutaburingoga Jérôme
- Huye: Sebutege Ange
- Kamonyi: Dr Sylvere Nahayo
- Muhanga: Kayitare Jacqueline
- Nyamagabe: Niyomwungeri Hildebrand
- Nyanza: Ntazinda Erasme
- Nyaruguru: Murwanashyaka Emmanuel
- Ruhango: Habarurema Valens

Intara y’Iburengerazuba

- Karongi: Mukarutesi Vestine
- Ngororero: Nkusi Christophe
- Nyabihu: Mukandayisenga Antoinette
- Nyamasheke: Mukamasabo Appolonie
- Rubavu: Kambogo Ildephonse
- Rusizi: Dr Kibiriga Anicet
- Rutsiro: Murekatete Triphose

16:15: Rangira Bruno yatorewe kuba Meya w’Akarere ka Kirehe. Yari asanzwe ari Umujyanama w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

15:30: Akarere ka Gakenke nako kamaze kubona abayobozi:

Meya: Nizeyimana JMV

Visi Meya ushinzwe ubukungu: Niyonsenga Aime François

Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza: Uwamahoro Marie Thérèse

15:10: Akarere ka Rwamagana kongeye kuyoborwa na Mbonyumuvunyi.

Komite yako igizwe na:

- Meya: Mbonyumuvunyi Radjab
- Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukung: Nyirabihogo Jeanne d’Arc
- Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage: Mutoni Jeanne

15:00: Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyamasheke nayo yamaze gutorwa. Igizwe na:

- Meya : Mukamasabo Appolonie

- Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu: Muhayeyezu Joseph Desire

- Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Abaturage: Mukankusi Athanasie

14:45: Dr Kibiriga Anicet niwe utorewe kuyobora Akarere ka Rusizi. Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga mu Bukungu, Icungamutungo n’Uburezi ndetse n’Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu Bukungu, yakuye mu Bushinwa.

14:40: I Karongi, Komite Nyobozi yari isanzweho ni yo yongeye gutorwa. Igizwe na:

Meya ni Mukarutesi Vestine; Visi Meya ushinzwe ubukungu n’iterambere Niragire Theophile na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukase Valentine.

14:21: Akarere ka Ngororero nako kamaze kubona abayobozi:

- Meya: Nkusi Christophe
- Visi Meya ushinzwe Ubukungu: Uwihoreye Patrick
- Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza: Mukunduhirwe Benjamine

 Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Bugesera ni Mutabazi Richard watorewe kuba Meya, Umwali Angelique wabaye Umuyobozi Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Iterambere ndetse na Imanishimwe Yvette watorewe kuba Umuyobozi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage.

Aba bose uko ari batatu bagize Komite Nyobozi ya Bugesera bari basanzwe muri iyi myanya.

14:00: Kambogo Ildephonse ni we watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *